Rayon Sports yasabwe kugaragaza umutungo wayo wose kugirango hishyurwe Ivan Jacky Minnaert mu gihe cy’amasaha 24
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwandikiwe ibaruwa n’Umuhesha w’Inkiko abusaba kugaragaza umutungo uzavamo amafaranga yo kwishyura Ivan Jacky Minnaert bitaba ibyo nyuma y’amasaha 24 hagafatirwa umwe mu mitungo yayo izavamo uzatezwa cyamunara.

Iyi baruwa y’Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga, yashyizweho
umukono na Me Ange Ntirushwa Diogene, igaragaza ko hari amasezerano yo ku wa 15
Nzeri 2020 hagati ya Rayon Sports na Ivan Jacky Minnaert atarubahirijwe. Yashingiye ku ngingo ya 218 y’itegeko ryerekeye
imiburanishize y’imanza mbonezamubano, iz’ubucuruzi, umurimo n’ubutegetsi maze
ategeka ubuyobozi bwa Rayon Sports “Kungaragariza mu nyandiko umutungo wa Rayon
Sports aho uri hose umutungo uzavanwamo ubwishyu buzahabwa Ivan Jacky Minnaert
. Iyo baruwa isozwa
igaragaza ko ubuyobozi bwa Rayon Sports busabwe gushyira mu bikorwa ibiyikubiyemo
mu gihe kitarenze amasaha 24 “ bita ibyo njyewe nkazishakira yaba umutungo
wimukanwa cyangwa utimukanwa,nkawufatira,kandi muri uwo utimukanwa ukazatezwa
cyamunara nk’uko biteganywa n’amategeko”
Uyu muhesha w’inkiko avuga ko muri ariya masezerano
harimo amafaranga ari mu byiciro binyuranye arimo 3184 USD n’ibihumbi 250 Frw
yagombaga kwishyurwa tariki 31 Mutarama 2021 ndetse n’andi 3000 USD
hiyongereyeho ibihumbi 250 Frw yagombaga kwishyura tariki 31 Werurwe 2021.Uyu
munyamategeko, avuga ko ariya masezerano atubahirijwe bityo ko hagomba
kwitabazwa ibiteganywa n’amategeko.

0 comment(s) Tanga igitekerezo